Pages

6/09/2014

DORE IBINTU 5 BIDASANZWE BARAYE BIGAGARAGAYE MU GITARAMO CYA EDDY MICO.


(Photos:Eddy Mico kuri stage)
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana EDDY MICO kuri uyu mugoroba taliki ya 08/06/2014 kuri GROLY TO GOD TEMPLE nibwo yatangiye tournee ye yise “NDASHIMA TOUR” .Tukaba twabakusanirije ibintu 5 byagaragaye muri iki gitaramo byasaga n’aho bidasanzwe muri iki gitaramo.


1.CYATANGIYE GITINZE.
Ni igitaramo cyagaragayemo cyatangiye gitinze ugereranije n’ibindi bitaramo byagiye bikibanziriza byaba ibye bwite cyangwa n’ibyabandi bahanzi muri Gospel.Kikaba cyari giteganijwe gutangira 14h40(ninabyo byari byanditse ku rupapuro rwa gahunda nk'uko Mc yabidutangarije) ariko kikaba cyatangiye ahagana 18h.Gusa nk'uko bisobanurwa n'uwari ayoboye gahunda MC RAMJAANE yadutangarije ko byarije ko impamvu yatumye iki gitaramo gitinda hari hagikorwa installation y'ibi bikoresho kugirango bize kunyura amatwi y'abitabiriye igitaramo.

2.SOUND na LIGHTING BYIZA:
(Photo: Stage yari imeze neza bitewe n'urumuri n'amajwi byaturukaga mu byuma bya POSITIVE PRODUCTION)


Ugereranije n’ibindi bitaramo bya Gospel dusanzwe tubona hano mu Rwanda; ni igitaramo cyagaragayemo ibikoresho bya muzika bihagije n’amajwi  meza (sound) n’urumuri (Lighting) cyane ko byari byatewe inkunga na Company ya POSITIVE PRODUCTION. 

3.ABAKITABIRIYE BARANZWE N’UMUNEZERO n’AKANYAMUNEZA KUHERA GITANGIYE KUGEZA GISOJWE:

4.HAFI YA BURI GITANGAZAMAKURU MU BYAGIKRISTO BYARI BIAHABAYE:

Bimwe muri byo twavuga nka Urugero.com,ibyishimo.com,Athentic Radio,Umugisha.com,Sana Radio,Radio Umucyo,….

5.ABARI BAKITABIRIYE NTIBIFUZAGA GUTAHA:

Mu bigararaga bitewe n’buryo uyu muhanzi byagaragaraga ko yishimiwe na benshi amasaha yo gutaha (ku musozo)abari bakitabiriye batashye batabyifuzaga nacyane ko usibye na Eddy;hari n’abandi bahanzi byagaragaye ko abari aho banejejwe n’indirimbo zabo.Bamwe mu ri abo bahanzi ni  BRIGHT MUGABE PATRICK(HIP HOP),SERGE IYAMUREMYE(Umuramyi).


Dusoza ntitwabura no kubabwira ko iki gitaramo cyario kiyobowe n’umunyarwenya RAMJAANE INYENYERI JOSHUA.Akaba afite uburyo bwihariye bwo kuyobora igitaramo asetsa Public.Abaterankunga bacyo baka bari POSITIVE PRIODUCTION,Urugero.com,na MORIAH ENTERTAINMENT.


(coolkwizera@gmail.com).


No comments:

Post a Comment

IKITONDERWA::
Si byiza kwandika amagambo asebanya mu gitekerezo cyanyu.