Pages

7/10/2014

I JABANA: BAMUSANZE MU CYOBO CYA METERO 12 YARAPHIRIYEMO.



Irebero.blogspot.comKuri uyu munsi I Kigali mu mu karere ka Gasabo,umurenge wa Jabana,akagali ka Kabuye,umudugudu w’amasangano,taliki ya 10/07/2014;nibwo havubuwe umurambo mu cyobo cy’umuturage.Hari muri iki gitondo(8h40-10h57).


Irebero.blogspot.com


Mu kiganiro n’umunyamabanga nshingwabikorwa(Executif)w’uyu murenge SHEMA Jonas,hari byinshi yadutangarije.Dore ibyo yavuze kuri iki kibazo ku buryo burambuye ntacyo duhinduye ku kiganiro twagiranye.

Yagize ati:”Inkuru y’uru rupfu rwa Kagina,twarumenye kuva ejo saa cyenda(15h)z’amanywa ubwo banyiri uru rugo babwiraga ubuyobozi bw’akagali ko mu rugo rwabo hari umwuka mubi unateza isazi uturuka mu cyobo bari baracukuye.Ubwo ubuyobozi bw’akagali bwahise bungezaho icyo kibazo,kuva ubwo duhita dutangira gushakisha icyakorwa.
Secretaire Exécutif w'umurenge wa Jabana SHEMA JONAS .

Twitabaza inzego z’umutekano harimo na Police.Kubera ko hari mu masaha ya ni mugoroba(taliki ya ya 9) inzego z’umutekano zahageze zari zivuye zivuye no muzindi nshingano twemeranya ko mu gitondo(uyu munsi tailiki ya 10) turibuzindukire muri iki gikorwa.Aribwo ubu musanze aba bantu bose batabaye harimo n’inzego z’umutekano.Birangiye biza kugaragara ko wari umubiri w’umuntu uri muri iki cyobo.Yari uzwi kw’izina rya Rasta.

Mu by’ukuri,ntabwo ari umuturage wo mumurenge wa Jabana kuko amakuru atugeraho atubwira ko  akomoka mu karere ka Rulindo mu murenge wa masoro.Akaba yakoraga akazi k’ubukarani apakira imizigo ndetse anagenda ku modoka ziba zihetse iyo mizigo.Akaba yarabuze ubwo abandi bizihizaga ibirori by’umunsi mukuru wo kwibohora ku mugoroba wo ku ya 4/07/2014”.



Kuri iki kibazo,bamwe mu baturage twegereye badutangarije ko ubusanzwe uyu mugabo bamuzi ndetse ngo asanzwe ari umukarani abandi bavuga ko ari umukarasi.Gusa ubusanzwe ngo akaba ari umuntu w’umusinzi kuko ngo no mu minsiyashize avuye muri gereza nkuru ya Kigali(1930) aho yari afungiye azira kunywa urumojyi.Iki cyobo uyu nyakwigendera yaguyemo ngo kikaba cyareshyaga na metero 12 nk’uko abaturage bari bakomeje babidutangariza.

Icyo tutabura kubatangariza  ni uko kugeza ubu nyiri uru rugo uyu nyakwigendera yaguyemo yabaye acumbikiwe na Police akaba arimo akorwaho iperereza kubijyanye n'urupfu rw'uyu musore.Naho bamwe mu baturage twaganiriye barimo n'abari barahawe akazi ko gucukura iki cyobo  bakaba badutangarije ko iki cyobo cyareshyaga na metero 12.Ikindi bakunze kugarukaho ngo nio uko uyu nyakwigendera yari umuntu wakundaga kunywa inzoga cyane.Executif w'uyu murenge akaba yasoje avuga ko bagiye gukomeza gukurikira iwabo w'uyu nyakwigendera kugirango nibiura umubiri we uzashyingurwe neza.

ANDI MAFOTO.
Aka ni ko kabari bamwe mu baturage bivugaga ko ngo Yari yanywereyemo kuri uyu munsi ari.Aka kayira mureba munsi yako kakaba ariko ngo yanyuzemo ajya inuma yako aho yahuraga n'isngaanya agahita agwa mu cybo cyari kikari inyuma.

 Irebero.blogspot.comIrebero.blogspot.comIrebero.blogspot.com
(coolkwizera@gmail.com)

No comments:

Post a Comment

IKITONDERWA::
Si byiza kwandika amagambo asebanya mu gitekerezo cyanyu.