Pages

6/14/2014

AK’ABATUBUZI KASHOBOTSE!


                                             

HABONIMANA Richard USHINJWA UBUTUBUZI
(Photo:  DESTINY KING ENTERTAINMENT )
  Kuri  uyu wa 14-06-2014 ahagana mu masaha ya 16h00 zizshyira 17h00,ahazwi kw,izina rya rwandex aho aho abamotaari bakunze guparika moto nibwo umuntu ukekwaho ingeso y’ubutubuzi yafashwe n’umwe mu bamotari bari bahaparitse amushinja kuba yaramutuburiye akanamutwara telefoni  njyendanwa.


Mu gihe abafite ingeso nk’iyi  y’ubutubuzi (ubujura)bamaze kugwira(kuba benshi)muri uyu mujyi wa Kigali ndetse bikaba bimaze kuba ingesokuburyo bimaze no  kugera  mduce tumwe na tumwe tw’uRwanda,kuburyo akenshi usanga bagenda bateka imitwe ku bantu batandukanye bakabacuza utwabo,uyu(hejuru kw’ifoto) we uyu munsi yabaye akaborore ubwo yatungurwaga no gufatwa mpiri n’uwo(umumotari) bikekwa ko yatuburiye akamutwara  na telefoni .






Dore bimwe mu byo uyu mugabo witwa HABONIMANA RICHARD unavuga ko atuye  atuye I Nyarutarama yireguzaga hagati y’abantu benshi(isoko n’amaduka=abantu benshi)bari bamuzengurutse bamugose bamuhata ibibazo byinshi bitagira ingano ku kibazo cy’uwamushinjaga ubutekamutwe .Natwe twamwegereye tugira bimwe tumubaza.Yiregura(yisobanura)akaba yavugaga ko  nyuma yo guhurira n’uyu mumotari  mumjyi  saa sita z’amanywa(12h00)akamusaba kumugeza kakiru ku mafraga ibihumi bitanu(5,000 frw), yaje kwisakasaka akabura ayo kumwishyura akamusaba ko yazayamuha ku munsi ukurikiye.Ndetse ko bitwe n’uko telefoni ye yari yamuzimanye bari bagurranye na telefoni kugirango abone uko ahamagara.

Naho BIMENYIMANA Athanase(Umumotari) we akaba ashinja uyu mugabo ko yamutekeye umutwe akamwambura telfoni ye n’amaranga(5,000 Frw).Akaba avuga ko ibi yabimukoreye nyuma yo kuba muri we yarumvaga ko bari  banabaye n’inshuti .Gusa aariko nk’uko yakomeje abidutangariza ngo nti byari ubushuti,ahubwo ngo we abona ko ashobora kuba haari ibintu byo kumucurika ubwonko we anita amarozi kuburyo mu gihe yari amaze ngo kmera nk’usubije ubwenge ku gihe yahise anashima Imana kuba atamutwaye na moto ye cyane ko ariyo akesha umugati(niyo akesha kubaho kwe kwa buri munsi).



Gusa uyu mugabo ushinjwa ubu butubuzi mu kiganiro twakomeje kugirana ;nibwo twaje no gutahura ko nta n’icyangombwa yari afite.Tukaba twanamubujije niba ibi bitaba imwe mu mpamvu ituma yanahamwa n’icyaha yashinjwaga cy’ubujura(gutubura),yiisobanuye avuga ko nawe ubwe byamugwiririye(byamutunguye) kuba atabigendanye.



Bimwe mu byo abandi bamotari bavugaga kuri iki kibazo;wasanga ga bimwe mu byo bahurizaho ari uko  uyu mugabo ngoo yaba  asanzwe  arangwaho ingeso mbi nk’izi, bakaba banifuzaga ko ibi byose yireguzaga ubona ko anafite isoni mu maso he,kubwabo bumva bifuza ko yakwisobanuraa yicayehasi mu rwego rwo kugirango akorw n’isoni cyane ko urebeye inyuma  yagaragaga nk’umuntru usa n’aho yiyubashye.

Icyakora bitewe n’uburyo uyu mugabo twamurebaga,ntitwizeye neza niba koko amazina n’aho yadutangarije ko atuye ari byo kuko mu gihe twari tumutunze micro twifuza kuganira nawe ,yashakaga ko  ibi biganiro byose  twagiranye  twabikorera ku ruhande aho abandi batabaga babasha kumva ibyo tuganira;Gusa ntitwabimwereye.Ikindi ni uko yagerageje kurembuza abantu bigenderaga muhanda ngo baze agire icyo ababwira tukabona ntibamwitayyeho mu gihe we yavugaga ko ngo basengana kuri Zion Temple.


 kurangira babyumvikanyeho bo bombi ubwabo binyuze mu nzira z'ubwumvikane.Uyu washinjwaga iki cyaha akaba yasabye umumotari ko bajya ahantu bakiherera bonyine bagacoca iki kibazo.niko byagenze rero koko birangira bjyanye kuri moto.ngayo nguko!

(coolkwizera@gmail.com)




No comments:

Post a Comment

IKITONDERWA::
Si byiza kwandika amagambo asebanya mu gitekerezo cyanyu.